Select Page

Forums Kigali IBINTU UKWIYE KUMENYA MU RUKUNDO

last updated by Rwanda 3 years, 1 month ago
1 voice
6 replies
  • Author
    Posts
  • #204293
    Rwanda

      RUKUNDOIBINTU 10 UKWIYE KUMENYA MU RUKUNDO

      1. Nukunda umuntu ntuzakunde uzagukemurira ibibazo ahubwo uzakunde utazemera ko uheranwa nabyo wenyine. Inshuti nyayo ntigukemurira ibibabazo ahubwo yo ubwayo n’iyo ufite ibibazo uyibonamo igisubizo.
      2. Gukundwa ni icyifuzo ariko gukunda ni amahitamo y’umutima, ntuzigere na rimwe uhatira umuntu kugukunda kuko anagukunze kuko wamuhendahenze ntirwaba ari urukundo byaba ari impuhwe
      3. Ntukemerere uwo ukunda ikitakurimo kugirango yishime ahubwo ujye utinyuka kumubwira ikikurimo wenda ababare ariko utamwiyeretse uko utari
      4. Uzaharanire kwangirwa uwo uriwe aho kwemera gukundirwa uwo utari we. Ba uwo uriwe, garagara uko uri kandi ube wowe ubwawe uzabikundirwa n’uzanyurwa n’uwo uriwe.
      5. Ntugakunde umuntu kuko abandi bamushima cyangwa bamukuratira, uzamukundire ko wowe ubwawe wumva akunyuze kandi wumva umukunda utabyihatamo.
      6. Nujya ubona ikosa cyangwa inenge mu myitwarire y’uwo ukunda ntukabimuhishe ngo akunde yishime, jya umuhana mwiherereye ariko nimugera mu ruhame umurengere werekane gusa uruhande rwe rwiza.
      7. Ntuzigere wumva amabwire ngo agutanye n’uwo ukunda ariko kandi nunayumva ntugaterere agate mu ryinyo ahubwo bijye biba intandaro yo kwisuzumira ukamenya ukuri kw’ibintu.
      8. Ntuzigere na rimwe wishyiramo ko ugomba gukunda umuntu wiringiye ko uzamuhindura, niba uko ameze ubu wumva bitakunyuze wikumva ko ugomba kumukunda akazabona guhinduka nyuma.
      9. Ntuzigere uhubukira gukundana n’umuntu kandi ntuzigere ukundana kuko n’abandi bakundana, uzakundane kuko wumva ubishaka kandi bikurimo ntuzabikore wigana abandi.
      10. Icyemezo cyo gutangira gukundana uzabanze ugitekerezeho bihagije kuko igihe cyose utandukanye n’uwo mwakundanaga uba uhombye byinshi birimo igihe ndetse n’ibikomere ku mpande zombie. Ntuzarote na rimwe ukundana n’umuntu wumva ko ari ukwikinira, wumva ko ari ukuba wishimisha gusha, uzitonde ubikore ufite intego na gahunda ihamye.

      #204296
      Rwanda

        Umukobwa Muto Mwiza Aba Abwiye Umuhungu(christian) Bari Begeranye Muri Bus Ati Niko C Wamfasha Ko Hari Ikintu Nshaka Ko Unkurira Mu Mabere?? Umuhungu(christian) N’ubwuzu Bwinshi Ati:urumva Nakwanga Kugufasha Koko??,ahubwo Mbwira Icyo Ushaka Ko Ngukuriramo. Umukobwa Ati:harikindi C Kitari Amaso Yawe Wa Njiji We?Urabona Igihe Wahereye Undeba Mumabere!!??????

        #204297
        Rwanda

          nakoze uburaya bw’umwuga

          Amazina yanjye nitwa Sheila (ba Sheila mumbabarire kuba nitiranwa namwe), nakoze uburaya bw’umwuga igihe kingana n’imyaka 7. Uburaya bwanjye kari akazi nishimiraga kuko nibwiraga ko nta gishoro gihambaye bwansabaga, bwari akazi kampembaga neza kakanantunga rwose.
          Nari indaya yo mugace ndetse nkaba n’indaya mpuzamahanga, muri make nari indaya y’inzobere ndetse y’inyamwuga ifite ubunararibonye mukazi kayo kugeza igihe naje kwatura ibyaha byanjye ndabyihana nongera kuba mushya(abakirisitu babyita kuvuka bwa kabiri). Maze kwihana ibyaha byanjye naje gushaka umugabo mwiza wankundaga cyane rwose ariko nirinda kumubwira ko nta nyababyeyi ngira(munda aho umwana akurira) kubera ko nari narakuyemo inda nyinshi nanjye ntibuka kubw’ibyago na nyababyeyi yanjye ibigenderamo ityo.
          Tumaranye imyaka tutarabyara n’akana na kamwe umugabo wanjye yatangiye kunkekakeka anshidikanyaho cyane nkabibona manza kuryumaho sinamubwira ibyanjye byose n’impamvu tutabyara kuko nibwiraga ko nari kumutera intimba ikomeye mubuzima n’ukuntu yankundaga gusa hashize igihe mbitekerezaho naje kwigira inama yo kubimubwira nawe ambera imfura aranyumva dushakira hamwe umuti w’ikibazo. Umunsi twagiye gusenga nk’ibisanzwe umuvugabutumwa aravuga ati “Buri mugore wabuze urubyaro agende agure impano ashaka kubw’ubushobozibwe azihe abana badafite b’imfura kuri Mama wabo(abana badafite Mama wabo).
          Naragiye ndabikora n’umutima ukunze numva bindimo kandi binshimishije gusa mfite icyizere cy’inyiturano yabyo nubwo byari bingoye kubihamya kuko nishinjaga byinshi byahahise hanjye ariko igitangaje nuko ntawe upfa kumenya inzira z’Imana. Ubu tuvugana mfite abana 3 abahungu 2 n’umukobwa 1. Na muganga wankuriyemo inda ikajyana na nyababyeyi yanjye yumvise ko ntwite biramutungura kuko atiyumvishaga ukuntu umugore utagira nyababyeyi ashobora gusama akabyara abana, gusa ibyo byose ntawundi wabikora Atari Uwiteka Imana yo mw’ijuru idatoranya k’ubutoni kuko nari kuzicwa n’agahinda ariko byose yarabyirengagije impa urubyaro indemera ishimwe rihoraho mumutima ndetse no murugo iwanjye. Buriya ntiwakumva ukuntu iyo mbona abana banjye nanjye hari igihe mba numva ari nk’inzozi ndimo nkumva ibinezaneza by’ibyishimo biranyuzuye nkisetsa umugabo akambaza ikinsekeje nkaceceka nkanga guhora musubiza ikintu kimwe burigihe kandi yarambabariye akambera imfura tukagumana mpaka Imana iciye inkoni izamba.
          Umuvugabutumwa yarambwiye ati “Uwo nzasangiza inkuru y’ubuzima bwanjye nanyuzemo akabwizera akizera Imana ishobora byose akemera kugengwa nayo nawe azabona igitangaza gikomeye atakekaga ko gishoboka”, niyo mpamvu ndi nabasangije ubu buhamya bwanjye ngira nti “ Imana izagukorere igitangaza cyawe kandi kizakuremera ishimwe rihoraho mubuzima bwawe kandi Imana yakoraga ibitangaza kera nanubu irahari kandi iracyakora ahubwo tugume tuyegere duhora hafi twiyeza ubudasiba”, Amen.

          #204298
          Rwanda

            Umusore yakundaga kugira umujinya cyane bikababaza ababyeyi be! Nuko ise afata umwanya atekereza icyo azakorera umwana we kugirango agabanye umujinya we!
            Ise wumusore yafashe ahantu runaka ahubaka igikuta kiza anagitera irangi ryumweru! Ubona ko gikeye kbx!
            Abwira umuhungu we ati uko uzajya ugira umujinya ujye utera umusumari kuriki gikuta.
            Umunsi wa mbere umusore yateye imisumari 50.
            Umunsi wa kabiri atera imisumari 45.
            Umunsi wa gatatu atera imisumari 41
            Uko iminsi igenda yiyongera imisumari atera ikomeza kugenda igabanuka
            Kumunsi wa 20 ntamusumari numwe yateraga.
            Nuko ajya kubwira se inkuru yibyishimo ko ntamusumari numwe yateye.
            Ise yaramufashe amuzanb kuri cya gikuta aramubwira ati ‘kuramo iyo misumari yose nuko umwana ayikuramo’.
            Nuko se arongera ati ‘iyo ubabaje umuntu uba umeze nko gutera umusumari mugikuta niyo mwakiyunga umusigira inkovu nkuko ujya gutera imisumari mugikuta atariko cyari kimeze utaragiteraho umusumari numwe!

            #204386
            Rwanda

              UBUHAMYA BUREBA ABASHAKANYE NABITEGURA KURUSHINGA

              Amazina yange nitwa Umwiza Nadia
              Ntuye Rwamagana, mu murenge wa karenge
              nashakanye n’umugabo wange dukundana ndetse dufata umwanzuro wo kubana ubuziraherezo.
              Nkuko rero bigenda nyuma y’ubukwe ntakindi Couple ziba zitekereza uretse noneho amatsiko nokwibaza uko bazatangira kujya bahamagarana papa na mama runaka. Nubwo twe atariko byagenze.
              Iminsi yarashize rero nkumva mfite amatsiko yo kuzabona ntwite ukwezi kwambere kurashira. Ndatekereza nti buriya ni mugutaha nako biranga. Natangiye guhangayikika rero nyuma yuko twamaze umwaka dutegereje.
              Umugabo wange yambereye imfura ariko ntababeshye nge natangiye guhangayika nkumva ndigunze nkiherera nkarira.
              Nibwo nabwiye umugabo ko dukeneye kujya kwa muganga. Twagiye mu mavuriro naza Hopital duhura n’abaganga batandukanye. Gusa baza gusanga umugabo wange afite ikibazo kintanga zigenda gake cyane kandi ngo zigapfa vuba.
              Ngewe bambwiraga ko narimfite ibibazo by’imisemburo
              Yatumaga imihango yange igenda nabi rimwe nkagira iminsi ihindagurika. Ndetse nama Infections.
              byaratangiye nkiri n’umukobwa.
              Twahawe imiti turagenda turayinywa twamaze indi myaka 2 twivuza byaranze.
              Naje kwegera umuganga wari inshuti yacu wakoraga kuri Centre de Sante, muganiriza ikibazo cyange aza kundangira umuganga w’inshuti ye ukorera Kigali ukorana na Company y’abanyamalaysia maze umugabo wange anyemerera ko twamusanga tukareba niba haricyo badufasha.

              Twafashe umwanzuro tujya Kigali maze duhura nawe. Baduhaye imiti maze ngira kwizera ndayifata n’umugabo wange bamuha iye
              Twarayikoresheje nyuma nahise mbura imihango mbanza kugirango nikwakundi yatindaga kuza, ariko ntangira kugira ibimenyetso by’umugore utwite. Nagiye kwa muganga barampima bambwirako nasamye. Numvise umutima wange wuzuye ibyishimo.
              Imana rero ntitinza amasezerano twaje kubyara. Ubu umwana wange w’umuhungu agize amezi arindwi. Muminsi ishize wa muganga wange yaradusuye azanye nitsinda bakorana baraduhemba nukuri numva ndishimye. Nange mpita niyemeza kuzatanga ubuhamya bwange wenda hari uwo bwazafasha.
              Wowe usomye ubu buhamya ndagusaba kubusangiza abandi harubwo bafashwa nkuko nafashijwe.

              #204387
              Rwanda

                abobakobwa ntanumwe wandushaga ubwiza

                Ndi umukobwa w’imyaka 17 Nakundanze umuhungu duhuriye ahantu ikigo cyacu cyari cyagiye gukina.
                Yari yiyicariye ahantu hirya atanatwitayeho rwose, maze udukobwa twari inshuti dutangira
                kunyongoza ngo nshake uko namwendereza kuko two twaritwamutinye.
                Bitari ukubeshya cg kwirya abobakobwa ntanumwe wandushaga ubwiza bose baranabyivugiraga
                ninayo mpamvu bansabaga ko namwendereza wenda yareba ubwobwiza bwanjye bigatuma abaha
                akanya ko kubaganiriza.
                . .
                Umusore yari yiyicariye atuje akurikiranye umupira arinawo wari
                watuzanye aho kandi koko umusore nawe yarimwiza.
                . Bacuti banjye bakomeje kunsaba ngezaho ndabyemera gusa
                bitamfasheho ndababwira nti”Tugende
                twicare hafiye mwendereze ariko namara
                gusa nutugaririje ndahitanigndera”
                . Barabyemeye niko kugenda twiyicazwa
                hafiye ndamusuhuza n’abandi
                baramusuhuza hanyuma ndamubaza
                nti”ibitego batsindanye gute ko
                ntarimpari se?”.
                . We: (abanza guseka) ati ni kimwe
                kubusa.
                .
                Njye: ko ubanje kunseka se?.
                .
                We: ntago ngusetse. .
                Njye: nonese urandize?.
                .
                Yahise aseka cyane arambwira
                ngo”impamvu nuko umbwiye ngo
                ntiwaruhari kandi aho waruhagaze nakurebaga!”.
                .
                Numvishe nsebye mbura aho nkwirwa
                ariko nihagararaho ndamubwira nti”ok
                noneho umfashe nk’umunyamanyan
                ga?”.
                . We: wap bibaho kbs ahubwo ngufashe
                nk’umuntu kuko ibyo aribimwe mubiranga
                ikiremwa muntu.
                .
                .
                . Twakomeje tuganira ubwo bagenzi
                banjye bategereza ko njyenda nkuko nari
                nabibasezeranyije baraheba kuko nanjye
                numvaga naryohewe ntashaka kumuva
                iruhande,
                ntakubeshye nibwo narimbonye umuhungu nkumva nishimiye uburyo
                aganiramo adashyize imbere ibikabyo
                ahubwo yoroheje ibintu.
                .
                Byatangiye bityo kuko kwishuri ryacu
                bakaniraga cyane nta 4ne nagiraga, tugiye gutandukana namubajije number
                ye arazimpa nzandika kugapapuro.
                .
                Njyeze mukigo nakuyemo imyenda
                sinibuka kuzivanamo ngonzibike aho
                mbyibukiye ndazishaka ndazibura, umukobwa umwe muribabandi
                twarikumwe ambwira ko bagenzi banjye
                aribo bazinyibye nihagararaho sinatera
                itiku.
                .
                Namaze iminsi ntamahoro namba mfite nkumva nkumbuye kubona wamuhungu
                gusa nza kugira gutya nsaba umujama
                umwe mukigo wari warananiranye
                atoroka ko yanshakira number ze,
                mubwira uko ateye n’amazina ye ahita
                ambwira ati”sha sister uriyamujama uramushaka ho iki ko ntakeza ke kandi
                nawe atagukundira kugutakariza
                umwanya?”.
                .
                Nkimara kumva ayomagambo numvishe
                ko baziranye ndishima cyane mpita mubaza uburyo twabonana we akomeza
                kumbwira ko atari mwiza njye mvunira
                ibiti mumatwi kuko nari naramusariye
                bihagije pe.
                .
                Umujama abonye nahiye cyane yarambwiye ati”ok niba wanze kunyumva
                wowe ushake umwanya nzakujyana
                mukavumo ke aho aba mubonane”.
                .
                Byihuse nasabye uruhushya rujya
                kwamuganga ndirembesha bampa undimukobwa arantwara,
                gusa uwomukobwa nawe yakinaga
                nyinshi twageze kwamuganga tumaze
                kubona impapuro turibwerekane kwishuri
                ahita yigira muze nanjye njyana na
                wamujama kureba wamuhungu, tugezeyo nasanze arikumwe n’abandi
                bajama babiri n’umukobwa umwe
                mbabazwa nuko nasanze ari
                kumukorakora.
                .
                . Tumaze kwijira wamujama wari
                wanjyanyeyo yahise amuhamagara ati
                ngwino uvugane n’aka ka baby nikakandi
                nakubwiraga.
                Wamuhungu yarahagurutse aza asa
                n’udandabirana, kagakobwa barikumwe kandeba nabi
                ukuntu,
                twagiye hanze gato tuhageze numva
                murinjye sinzi ukuntu mbaye mpita
                musimbukira ndamuhobera cyane
                ndamugundira nawe arandeka ariko biramucanga,
                hashize nk’iminota itanu ndamurekura
                numva nsa nuruhutse ariko ibimwaro
                byari byandenze n’amarira yashotse.
                .
                Yahise ambaza ati”ubay’iki ko warize?”. .
                Njye: ntacyo sinzi uko bije.
                .
                We: nonese niki kigutinyuye kuza hano
                no gutoroka ishuri ngo uje kundeba?.
                . Njye: nahise nonjyera kumva ntazi uko
                mbaye amarira arashoka ntangira gutitira
                ndamubaza nti”urankunda?”
                .
                Yahise yikanga ati”umva muko mbabarira
                wikuremo ibyo bikurimo ntuzonjyere narimwe kuntekereza kuko njye ntakeza
                kange ntarukundo nabusa n’igirira.
                Njye chr wanjye wambere ni
                ibiyobyabwenjye kandi n’inshuti zanjye
                zambere n’izo dusangira
                ibiyobyabwenjye maze ibindibyose n’ubusa.
                Ikindi ndagusabye ntuzongere kuza hano
                kuko sinkeneye namba kukwangiza dore
                uracyari muto genda ukurikirane ishuri
                ryawe utuje uzaba ukundana
                haracyarikare kandi n’abasore beza mugihugu barabyiruka burigihe
                ntuzababura bagifite n’ubumuntu naho
                njye wangiritse ntakindi nakumarira
                usibye kugukururira ibibazo gusa gusa
                ntakindi.
                Mfasha rero uve hano sinshaka namba kukwangiza njye nkorana n’abamaze
                kwangirika n’abo gusambana nabo
                ntibabuze……………!!!
                .
                Umuhungu amaze kumbwira kuriya
                nahise numva nshitse intege amarira
                aramanuka, agahinda karandenga ndetse arangije ahita amfata ukuboko
                arambwira ati”kwanza tugende
                nguherekeze usubire kwishuri”.
                .
                Twaragiye angeza kurupangu rwaho
                yabaga ahita ansezera ati”ceceka kandi ugende ahamoro ndetse ujye uhora
                uzirikana ibyo nakubwiye ko ntashaka
                narimwe konjyera kukubona hano”.
                .
                Narasohotse ndagenda ariko nacitse
                intejye kuburyo numvaga nsuzuguritse cyane ntacyo maze ariko biratinda njyera
                aho nyamukobwa wari wanzanye
                kwamuganga yari yambwiye ko
                ndibumusange muri Geto yabasore
                nsanga rwahanye inkoyoyo umujinya
                uranyica nicara hanze nihebye cyane bagezaho barafungura batangira
                kunzanaho imozozo narimbahitanye.
                .
                Umukobwa yahise yitunganya nicaye
                hahandi njunjamye bayobewe icyo
                nabaye gusa umukobwa we kuko yarazi aho nari nagiye yahise atekereza ko
                wenda bampohoteye agiravuba
                turagenda tugeze mumuhanda ambaza
                uko byagenze ndamubwira arahigima
                araceceka turagenda no mukigo
                mbibwira agakobwa twari inshuti cyane kangira inama yo kubyikuramo
                kakanabimfashamo kamba hafi ariko
                bikanga nkumva iteka wamusore
                akaguma kunza mumutwe.
                .
                Ntakubeshye nanjye nibazaga ibiri kumbaho bikanyobera nkibaza niba yaba
                yarandoze bikanyobera,
                naje kugera aho biranga burundu nsa
                numurwariye yewe ntangira no
                gutsindwa numvishe binyobeye nonjyera
                kwigira inama yo gusubira kumwiyahuraho wenda akanyica.
                .
                Nasabye uruhushya rwo gutaha
                bahamagara murugo barabibabwira
                murugo barabyemera ngo ntahe
                ndangije nsohoka ikigo ngana kwawamusore.
                .
                Njyeze kurupangu natinye kwinjira
                igitima kiradiha ariko biba byabindi ngo
                amatwi arimo urupfu ntiyumva ndasunika
                ndinjira ngenda ngana kukazu yabagamo nkoze kumuryango numva harabarimo
                bikanze kuko imirindi yabo nayumvaga
                idiha n’icyuka cy’ibitabi bikaze kinshi
                ndikanga ndanga ndinjira ngezemo
                nsangamo ibisore bibiri bifite ibyiso
                byashiririye ndetse nawamusore narinje kureba nari narihebeye.
                akimbona mbona acitse intege aba
                arahagurutse ashaka kunsanganira
                byabisore biramufata biti”Tuza sha reka
                umwana yinjire” ubwo kimwe cyahise
                kiza kinsanga gihita gishyiraho akugi umusore atakamba ngo nsohoke numva
                nanjye ndatinye noneho mbona ko ibintu
                bikomeye nshaka gusohoka cyakindi
                cyafunze kiba kiramfashe kiti”garuka
                sha”.
                . Cyatangiye kunkorakora kindigata
                kumatama kinuka ikintu bise urumogi
                kandi gitinyitse cyane.
                Natangiye kurira kiba kirankanze kiti
                ceceka se nyine wanshinziwe,
                haruwakuzanye hano?. .
                Ntakubeshye nubwo narimfite ubwoba
                numvaga mumutima wanjye mfite
                n’ibyishimo kuko narebaga ukuntu uwo
                nihebeye yampangayikiye cyane nkumva
                basi njyize akizere kuko yaba ankundaho nkumva mumutima nibura ndatuje
                umuhangayiko narimfite uragabanyutse.
                .
                Byageze aho mbona noneho ararakaye
                aba akuye uryuma rurerure munsi
                y’uburiri ahita afata kimwe ati”ndavuzengo mwese mbabure hano
                mutarabyutsa ibisazi byanjye”.
                Byabisore byahise bihekenya amenyo
                bimureba nabi biragenda abonye biranze
                mbona agaruye agatima yicara kuburiri
                yifata mumutwe ariruhutsa. .
                .
                Murinjye nagize ubwoba buvanze
                n’ubwuzu nkumva namwegera
                nkamuhobera nkamuguyaguya ariko
                nanone nkagira ubwoba ndebye urwuma afite uko rureshya nkanibuka n’ukuntu
                arukurayo yarafite umujinya.
                .
                Igihe narwanaga n’umutima yahise
                ahindukira arandeba nubika umutwe
                ndarira ahita ahaguruka araza amfata ukuboko anyicaza kuburiri akurura
                agatebe kari karihirya akantereka imbere
                anyubura umutwe duhuza amaso
                ati”Mubyukuri urashaka iki?”
                .
                . Njye: (n’amarira) nti”nukuri ntako ntagize
                ngo nkwikuremo,
                narwanye numutima nshaka
                kukwikuramo birananira aho kugirango
                umvemo ahubwo nkarushaho
                kukwiyumvamo no kwiga byananiye ubu ndatashye nicyo narinje kukubwira.
                .
                Akimara kumva ayomagambo yacuritse
                umutwe hasi gato asa nutekereza
                hanyuma ahita ampobera cyane anshyira
                mubituza numva noneho byose bibaye bishya ibyishimo bintera amarira
                adasanzwe ndarira cyane nk’umwana
                bakubise,
                anyubura umutwe andeba mumaso
                arambaza ngo”nonese ko urira kandi
                ntago iki aricyo washakaga?”. .
                Njye: (n’ikiniga kinshi mfureka cyane)
                mvuga ibitumvikana neza nti”nukuri
                ndagukunda”.
                .
                Ubwo nawe nagiye kubona mbona arahindutse mumaso arambwira
                ati”Nanjye ndagukunda kurubu,
                burya wamunsi wavuye aha naruseho
                kukwiyumvamo bidasanzwe
                ngutekerezaho burikanya ariko
                njyerageza kubirwanya kuko ntifuza namba kuzagira uruhare mukwangirika
                kwawe,
                none rero ubu mbuze icyo nakora kuko
                mbona kukwihunza nabyo ntacyo biri
                kumara.
                . Nahise nsara noneho mba
                ndamusimbukiye ndamugundira
                amagambo aranshirana numva naguma
                mufashe tukigumanira.
                .
                Byagezaho aranyiyaka ati”gerageza gutuza muriwowe nanjye ndagukunda
                gusa kuzajya uz’aha byo byibagirwe,
                hanyuma kandi mgwino tugende
                nguherekeze gutega utahe ntiwabireka”.
                .
                . Sukubeshya natahanye ibinyamuneza
                bitangaje kuburyo nibazaga ucyo
                ndibubwire murugo kandi babona
                ndimutaraga.
                .
                .Maze kugera murugo nagerageje
                kwirwaza banjyana kwamuganga babura
                indyara, murugo baranyiha ngo narinkumbuye
                ndabeshya.
                Banyitayeho iminsi ibiri arinako mvugana
                na Chr nakunze bidasanzwe mubuzima
                bwanjye kuburyo nanjye nibazaga niba
                hari cishwaha yampaye bikanshanga, nasanze ari umusore windakemwa
                mumico no mumyifatire kuko
                yanganirizaga neza binejeje kuri 4ne
                ndetse akampa n’impanuro nkumuntu
                unyifuriza ejo hazaza hazima.
                Ntiyanyemereraga ko twavugana amasaha akuze akambwira ngo nduhuke
                kuko kuvugira kuri 4ne ninjoro byanteza
                ababyeyi cg kurwara umutwe,
                akansaba kugabanya ibisazi by’urukundo
                binyirukamo kugirango nzabashe
                gukurikirana mwishuri neza. .
                Igihe cyaje kugera rero cyo gusubira
                kwishuli sinabimubwira ko ndibugende
                kugirango nze kumukorera Surprise,
                ndagenda ndakatisha kuko papa
                ntiyarafite umwanya wo kuntwara ariko byarananshimishije.
                nicaye ntegereje ko amasaha agera
                numvaga nashyuhagujwe hanzamo
                igitekerezo cyo gushaka akantu
                namugurira ko kumushyira ndagenda
                ngura akarabo n’agapira keza cyane katukuraga,
                nicaye mumodoka nagiye nibaza
                kucyaba cyaramuteye kwishora
                mubiyobyabwenjye n’ukuntu yari
                umusore mwiza kandi w’imico myiza
                biranyobera gusa niyemeza ko nzakimubaza kandi ngakoresha uko
                nshoboye ibiyobyabwenjye
                nkabimukuraho.
                .
                Njyezeyo nururutse mumodoka amaguru
                ntayakoza hasi ntira 4ne ngo muhamagare kuko yari yarambujije
                kujyera iwe kubwibyago ntiyacamo.
                Numvishe ntaye umutwe mara nk’iminota
                20 ntegereje nanayinyuzamo bikanga
                mfata umwanzuro wo gufunga umwuka
                nkasubira iwe yashaka akamena, niko gufata akayira njyayo njyeze
                kugipangu ndasunika ndinjira nerekeza
                kunzuye njyeze kumuryango numva ijwi
                ry’umukobwa usa nuri gukorerwa
                imibonano numva mbaye nkumusazi
                nkoze kumuryango numva yamajwi numvaga ngo cwe.
                .
                Nabuze icyo nkora ndakomanga
                barafungura mbona koko ibyo numvaga
                nibyo,
                umukobwa aryamye kuburiri cher wanjye ariwe ufunguye yambaye Essui mains
                (isume), akimbona mbona abuze icyo
                akora nanjye mpita mba nkigicucu njyiye
                kwikubita hasi arampfata ahita anjyana
                kuburiri abwira wamukobwa anamubwira
                nabi ati”vamunzira kandi hita wambara ujyende”
                .
                Yarampungije anyitaho bishoboka maze
                nanjye sukwigwendekeza we!,
                gusa umwanya namaze nshecetse
                mpumirije anyitaho yanyiyegamije natekerezaga icyo nakora nkibaza niba
                namubwira nabi bikanshobera burundu.
                .
                Yakomeje kunyitaho akajya anzunguza
                nkaceceka ajyezaho yenda kurira numva
                ko yataye umutwe mpita nkanura amaso nkimureba amarira ahita anshika
                aramanuka kubwinshi nawe akajya
                ayahanagura ansaba imbabazi
                arambwira ati”chr nukuri mbabarira
                wihangane ureke kurira urabizi
                narabikubwiye ko nanjyiritse nubwo ngukunda mfite imico mibi yananiye
                yamaze kumbaho akarande niyompamvu
                ntashakaga ko ukomeza kunkunda kuko
                ntagukwiye.
                Ubundi nahoze ndi nkabandi nderwa
                n’ababyeyi bampa indero nziza ariko nkimara kubatakaza nananiwe kubyakira
                kuburyo mba numva ntakintu nakimwe
                cyanshira mumutuzo usibye
                ibiyobyabwenjye kandi nyuma yo
                kubinywa akenshi binyobora nabi
                ugasanga nkoze nkabiriya unsanzemo, nahoranye mushiki wanjye wankundaga
                yapfiriye rimwe n’ababyeyi banjye
                yarajyeze mukigero nk’iki cyawe,
                niyompamvu numva nkubashye akenshi
                iyo nkubonye nkubonamo ishusho ye,
                twari dutuye dutunze ntacyo tubuze hanyuma duterwa n’abantu murugo twari
                dutuye muri congo ari ninjoro bica data
                na maman babaza amafaranga,
                nyuma mushiki wanjye nawe yashatse
                kubyivangamo bamurongora ndeba
                barangije bamuteragura ibyuma mbireba aho nari nihishe,
                nari naraye mvuye kwa Tante kubasura
                ntawaruzi ko natashye arinayo mpamvu
                narokotse kuko bari baziko ntahari.
                kuva ubwo congo nayanze urunuka
                nyivamo nza inaha yewe na Tante ntazi iyomba ubu uko niberaho nimumiguruko”.
                .
                S’ugukabya chr ibi yarangije kubivuga
                twese twarize,
                bwambere mbona amarira ye ntari
                narigeze mbona narimwe. numvishe ndushijeho kumukunda
                naniyemeza kuzakora burikimwe cyose
                gishoboka ariko bikamushiramo.
                Uwomunsi ntacyo yambajije kijyanye no
                kuryamana ahubwo namuhaye ibyo nari
                namuzaniye turateka ndarya ahita amperekeza kwishuri ninjira mukigo.
                .
                Hashize iminsi yaje kurwara nshaka
                ibinyoma mbeshya njya kumusura,
                njyezeyo mukorera ibishoboka mwitaho
                nyuma ansaba ko nataha ariko ndebye uko ameze birananira kugenda ndarara,
                murabyumva namwe twagize icyo dukora
                gusa ntabeshye ninjye wabimuhatiye
                atabishaka ngamije ko atazonjyera
                kubikorana n’abandi ananyemerera ko
                atazonjye kunsha inyuma. Kurara byaje kunkoraho biba birebire no
                murugo baraza bamwishyiramo cyane
                ndetse papa amujyendaho akamurega
                nkamurwanaho nanjye njyera mba
                igicibwa.
                . Nyuma baje kumpima bansangana inda
                na sida nkibimenya kubyakira
                byarangoye igihe nateganyaga kujya
                kubibwira chr ngiye kumva numva ngo
                yapfuye mba nk’umusazi gusa njya
                kumushyingura ndyumaho. .
                .
                Nyuma Ubu mfite umwana wumuhungu
                wamezi abiri,
                sida narayakiriye ndafata imiti nk’abandi
                gusa ntakubeshye papa simwiyumvamo mba numva ariwe wicishije chr.
                .
                MURAKOZE

                #205094
                Rwanda

                  Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa yashimye ikipe y’Igihugu y’Amagare

                  Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa yashimye ikipe y’Igihugu y’Amagare. Ati: “Ibyo mwakoze turabibashimira, mwahaye ibyishimo abanyarwanda. Abanyarwanda bose bamaze kumva ko aho mugiye nta mpungenge muzitwara neza”.

                  Minisitiri yamenyesheje abakinnyi ko agahimbazamusyi kamaze kuganirwaho ku rwego rwa Minisiteri ku buryo bazagahabwa bidatinze.

                You must be logged in to reply to this topic.