Select Page

Forums Crazy World GUVERINOMA Y’U RWANDA IKORERA MU BUHUNGIRO ITANGAZO RIGENEWE ABANYAMAKURU No 03/PDP-IMANZI/2017

#232
Rwanda

    ITANGAZO RIGENEWE ABANYAMAKURU No 03/PDP-IMANZI/2017


    Ishyaka PDP-Imanzi na Bwana Deogratias Mushayidi uriyoboye ntaho bahuriye na guverinoma ikorera mu buhungiro yashyizweho na Padiri Thomas Nahimana.

    Bamaze kubona guverinoma ikorera mu buhungiro yatangajwe na Padiri Nahimana Thomas, umuyobozi w’ishyaka Ishema ry’u Rwanda kuri uyu wa mbere tariki ya 20 gashyantare 2016, Ishyaka PDP-Imanzi n’umuyobozi waryo, Bwana Deogratias Mushayidi, baramenyesha abarwanashyaka baryo, Abanyarwanda bose n’inshuti z’u Rwanda, ko ntaho bahuriye n’iyi guverinoma.

    Ishyaka PDP-Imanzi riributsa ko inyungu za politiki za Perezida waryo ufunzwe, Bwana Deogratias Mushayidi, nta wundi uzihagarariye uretse ishyaka yashinze ari ryo PDP-Imanzi. Kubera iyo mpamvu bikaba bisobanutse ko nta muntu cyangwa ishyirahamwe bashobora gukoresha izina rya Bwana Deogratias Mushayidi ku nyungu za politiki batabyumvikanyeho.

    Kuba Bwana Deogratias Mushayidi ari imfungwa ya politiki iharanira inyungu z’Abanyarwanda bose ntibiha uwo ari we wese uburenganzira bwo kumwitirira politiki atarimo. Turamenyesha rero Abanyarwanda bose n’inshuti z’u Rwanda ko Bwana Mushayidi Déogratias atari Minisitiri w’ubutabera muri iriya guverinoma ya Bwana Nahimana Thomas ikorera mu buhungiro kandi ko n’Ishyaka PDP-Imanzi ayoboye ritigeze ryitabira ibiganiro byo kuyishyiraho.

    Bwana Deogratias Mushayidi n’ishyaka PDP-Imanzi abereye umuyobozi, biyemeje gukorera politiki mu Rwanda kuva muri 2013 ; kubashyira muri guverinoma ikorera mu buhungiro, ni ukubavutsa uburenganzira bwabo.

    Harakabaho ukuri , ubufatanye na demokarasi

    Bikorewe i Kigali ku wa 20 Gashyantare 2017,
    KAYUMBA Jean Marie Vianney
    Visi Perezida n’Umuvugizi w’ishyaka PDP-IMANZI

    TEL: 0783366214/0736623022
    E-mail : [email protected]