Select Page

Forums Food for thought The Historical Events that Hurt Rwandans Feelings Reply To: The Historical Events that Hurt Rwandans Feelings

#964
Rwanda

    Bimwe mu biranga Kagunzu #kagame n’abambari be.
    Guhimba ibinyoma kugeza naho bo ubwabo bibeshya ko ari impamo. Ibi binyoma bidafite shinge na rugero, bakomeza kubitsindagira mu mitwe y’abantu kugeza n’aho bakoresha ubugome n’urugomo. Nta na rimwe bajya babona amafuti ari mu ri ibyo binyoma. Ikintu cya mbere Kagunzu #kagame n’abambari be batinya, ni uko bashyirwa ku karubanda, ibinyoma byabo bikabandarika. Mu kugerageza kubipfukirana, bakoresha gutera icyoba no gushotorana, kugeza aho abandi bantu batinya, bakabyemera uko byakabaye, nabo bagahinduka abashimangira bya binyoma ngo barebe ko bwacya kabiri.
    Iyi miterere ya Kagunzu #kagame n’abambari be igaragaramo kandi:
    – Kwibwira ko ari bo ntyoza kurusha abandi
    – Guhatira abantu ko babakunda bonyine, bababibamo urwango n’urwikekwe hagati yabo.
    – Gukabiriza ibyo bagezeho.
    – Kwiyitirira no kwitwerera ubutwari.
    – Guhora biteze ko bashimwa, bakanasingizwa.
    – Kwibeshya ko ari ibitangaza, biyita amazina nka “Indashyikirwa, Abavuga rikijyana, Intore y’ikirenga…”
    – Kudashima abandi ibyiza n’ubutwari bageze ho.
    – Guhatira abantu kubapfukamira, kubasingiza no kuboma mu nyuma n’ubwo rwose bari kuboshya babaroha mu rwa bayanga.
    – Kwiyitirira ibikorwa by’abandi.
    – Kurangwa n’agasuzuguro, ubwibone no kunena abandi Bantu bibeshya ko bari ku rwego rwo hasi.
    – Kugirira ishyari abandi.
    – Kwibeshya ko abandi babafitiye ishyari.
    – Kuba badashobora kugira umubano uzira amakemwa n’abandi, yewe n’abafashije barabigarama, bakanabahemukira.
    – Kwiha intego badashobora kugeraho.
    – Kwigaragaza nk’aho ari indatsimburwa.
    – Gukoresha abandi nk’ingabo ibakingira mu gihe cy’amahina.
    – Kunyerera hakiri kare mu gihe urugamba rwinikije. Bakaza kugaruka rumaze kurangira, bakiyitirira intsinzi.
    – Kudatinya no kwikora mu nda kugirango intego zabo bazigerweho. Izo ntego akenshi usanga ari umururumba, ubusahiranda, ubusahuzi n’ ibyubahiro.